Surah Al-Fajr - Kinyarwanda Translation by R. M. C. Rwanda
وَٱلۡفَجۡرِ
Ndahiriye ku museke
Surah Al-Fajr, Verse 1
وَلَيَالٍ عَشۡرٖ
No ku majoro cumi (ya mbere y’ukwezi gutagatifu kwa Dhul-Hijja)
Surah Al-Fajr, Verse 2
وَٱلشَّفۡعِ وَٱلۡوَتۡرِ
No ku kitari igiharwe ndetse n’igiharwe (mu biremwa byose bya Allah)
Surah Al-Fajr, Verse 3
وَٱلَّيۡلِ إِذَا يَسۡرِ
No ku ijoro igihe rigiye gucya
Surah Al-Fajr, Verse 4
هَلۡ فِي ذَٰلِكَ قَسَمٞ لِّذِي حِجۡرٍ
Ese muri izo (ndahiro) ntiharimo ibimenyetso bifatika ku muntu ufite ubwenge (bituma areka ibyaha n’ubuhakanyi)
Surah Al-Fajr, Verse 5
أَلَمۡ تَرَ كَيۡفَ فَعَلَ رَبُّكَ بِعَادٍ
Ese (yewe Muhamadi) ntiwamenye uko Nyagasani wawe yagize aba Adi
Surah Al-Fajr, Verse 6
إِرَمَ ذَاتِ ٱلۡعِمَادِ
Bo mu bwoko bwa Irama (bari barebare cyane) bareshya nk’inkingi z’inyubako ndende
Surah Al-Fajr, Verse 7
ٱلَّتِي لَمۡ يُخۡلَقۡ مِثۡلُهَا فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Bo (abo ba Iram) ntihigeze haremwa abandi bameze nka bo mu yindi mijyi
Surah Al-Fajr, Verse 8
وَثَمُودَ ٱلَّذِينَ جَابُواْ ٱلصَّخۡرَ بِٱلۡوَادِ
N’aba Thamudu bacongaga urutare mu bibaya (bakarukoramo inyubako)
Surah Al-Fajr, Verse 9
وَفِرۡعَوۡنَ ذِي ٱلۡأَوۡتَادِ
Na Farawo wari ufite imambo (yazirikagaho abantu abakorera iyicarubozo)
Surah Al-Fajr, Verse 10
ٱلَّذِينَ طَغَوۡاْ فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Babandi bakoze ubugizi bwa nabi mu mijyi
Surah Al-Fajr, Verse 11
فَأَكۡثَرُواْ فِيهَا ٱلۡفَسَادَ
Maze bayikwizamo ubwangizi bukabije
Surah Al-Fajr, Verse 12
فَصَبَّ عَلَيۡهِمۡ رَبُّكَ سَوۡطَ عَذَابٍ
Nuko Nyagasani wawe abasukaho ibihano bibabaza
Surah Al-Fajr, Verse 13
إِنَّ رَبَّكَ لَبِٱلۡمِرۡصَادِ
Mu by’ukuri, Nyagasani wawe yiteguye guhana (inkozi z’ibibi)
Surah Al-Fajr, Verse 14
فَأَمَّا ٱلۡإِنسَٰنُ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ رَبُّهُۥ فَأَكۡرَمَهُۥ وَنَعَّمَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَكۡرَمَنِ
Iyo Nyagasani agerageje umuntu, akamwubahisha akanamuhu- ndagazaho ingabire, aravuga ati "Nyagasani wanjye yanyubahishije
Surah Al-Fajr, Verse 15
وَأَمَّآ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ فَقَدَرَ عَلَيۡهِ رِزۡقَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَهَٰنَنِ
Nyamara yamugerageza akamugabanyiriza amafunguro, akavuga ati "Nyagasani wanjye yaransuzuguje
Surah Al-Fajr, Verse 16
كَلَّاۖ بَل لَّا تُكۡرِمُونَ ٱلۡيَتِيمَ
Oya! Ahubwo ntimugirira neza imfubyi
Surah Al-Fajr, Verse 17
وَلَا تَحَـٰٓضُّونَ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Ndetse nta n’ubwo mubwirizanya kugaburira abakene
Surah Al-Fajr, Verse 18
وَتَأۡكُلُونَ ٱلتُّرَاثَ أَكۡلٗا لَّمّٗا
Kandi murya imirage (y’abandi) mukayimara
Surah Al-Fajr, Verse 19
وَتُحِبُّونَ ٱلۡمَالَ حُبّٗا جَمّٗا
Ndetse mugakunda imitungo bikabije
Surah Al-Fajr, Verse 20
كَلَّآۖ إِذَا دُكَّتِ ٱلۡأَرۡضُ دَكّٗا دَكّٗا
Oya! Ubwo isi izasandazwa (igacikamo ibice)
Surah Al-Fajr, Verse 21
وَجَآءَ رَبُّكَ وَٱلۡمَلَكُ صَفّٗا صَفّٗا
Nuko Nyagasani wawe akaza (guca imanza) ndetse n’abamalayika bari ku mirongo
Surah Al-Fajr, Verse 22
وَجِاْيٓءَ يَوۡمَئِذِۭ بِجَهَنَّمَۚ يَوۡمَئِذٖ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ وَأَنَّىٰ لَهُ ٱلذِّكۡرَىٰ
Kandi uwo munsi umuriro wa Jahanamu uzazanwa. Kuri uwo munsi, umuntu azibuka, ariko se uko kwibuka kuzamumarira iki
Surah Al-Fajr, Verse 23
يَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي قَدَّمۡتُ لِحَيَاتِي
Azicuza avuga ati "Iyaba nari narateganyirije ubuzima bwanjye (nkora ibikorwa byiza)
Surah Al-Fajr, Verse 24
فَيَوۡمَئِذٖ لَّا يُعَذِّبُ عَذَابَهُۥٓ أَحَدٞ
Bityo, kuri uwo munsi (Allah) azahanisha ibihano bitashoborwa n’undi uwo ari we wese
Surah Al-Fajr, Verse 25
وَلَا يُوثِقُ وَثَاقَهُۥٓ أَحَدٞ
Kandi azanaboha (abahakanyi) ukuboha kutashoborwa n’undi uwo ari we wese
Surah Al-Fajr, Verse 26
يَـٰٓأَيَّتُهَا ٱلنَّفۡسُ ٱلۡمُطۡمَئِنَّةُ
(Umwemeramana azabwirwa ati) "Yewe roho ituje
Surah Al-Fajr, Verse 27
ٱرۡجِعِيٓ إِلَىٰ رَبِّكِ رَاضِيَةٗ مَّرۡضِيَّةٗ
Garuka kwa Nyagasani wawe umwishimiye na we akwishimiye
Surah Al-Fajr, Verse 28
فَٱدۡخُلِي فِي عِبَٰدِي
Maze winjire mu bagaragu banjye (b’intungane)
Surah Al-Fajr, Verse 29
وَٱدۡخُلِي جَنَّتِي
Uninjire mu Ijuru ryanjye
Surah Al-Fajr, Verse 30